Nyarugenge -Nyakabanda:Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge yafashe amacupa 689 atukuza Uruhu.

Nyarugenge -Nyakabanda:Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge yafashe amacupa 689 atukuza Uruhu.

Umujyi wa Kigali Mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Nyakabanda akagari ka Munanira 2, umudugudu wa Kanyange ku ya 09/05/2025, inzego z’umutekano harimo Polisi hakozwe umukwabu wo gufata amavuta atukuza uruhu(mukorogo)

Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge yafashe abantu 3 bacuruza ayo mavuta atukuza uruhu  azwi nka Mukorogo ndetse hafatwa nabayakwirakwizaga harimo aba bakurikira:

1 . NTEZIRYAYO Apholodice 36yrs
2.Twizerimana Jean Aime 38yrs

Aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage baza gufatwa na polisi ubwo bari babizaniwe n’umuntu utabashije kumenyekana  wahise acika inzengo z’umutekano.

Abafatanywe ayo mavuta bavuze ko bayarangura muri Republic Iharanira Demokarasi ya Congo RDC bakayazanirwa n’umuntu utabashije kumenyekana kugeza ubu aracyashakishwa.

Hafashwe Kandi uwitwa Mutuyimana Eric wimyaka 23 wari umukozi wabo murwo rugo kuko ariwe waya pangaga muri Stock yabikwagamo.

Aba bose bafashwe ubwo bari kubibika mu rugo rwa NTEZIRYAYO Aphorodice aho yarafite stock arinawe uba wabitumije.

Urutonde rw’amavuta atukuza
(mukorogo)yafashwe

1.Carolight:74
2.Carolight griseline:42
3.Jaune d’oeuf:24
4.Carton Nini:2
5.Carton griseline:27
6.Paupau Nini:12
7.Paupau ntoya:24
8.Bioplus carti:8
9.Cocoplus Nini :25
10.Coco plus ntoya:100
11.Miss:16
12.Epiderm creme:110
13.Miki clare:16
14.Bauty Nini:8
15.Bauty ntoya:18
16.Bauti Griseline:12
17.White max:24
18.Diana loshon:12
19.Magic Claire:5
20.Missnini:17
21.Pereti White:17
22.E Claire:6
23.Pripiri method:12
24.Culcum methode:13
25.Pafaicte:8
26.Infining Claire;2
27.Whitning Claire:1
28.Extraclaire:2
29.Secrete white:3
30.CT:1
31.Carton:21
Amavuta yose hamwe ni Amacupa 689 ya amukorogo akaba yashyikirijwe RIB Station ya Rwezamenyo

Bacuruza mukorogo Bose uko Ari ba 2 n’uwangaga gutanga amakuru bashyikirijwe bafungiye kuri station Rwezamenyo.

Amavuta ya Mukorogo yafashwe n’inzego z’umutekano

Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire aragira inama abakora ubucuruzi, kwirinda kurarikira inyungu z’umurengera bagakora ubucuruzi bwemewe, asaba by’umwihariko abakerensa ingaruka z’amavuta ya mukorogo ku buzima bagakomeza kuyisiga batiza umurindi abayacuruza, kuyacikaho kuko ingaruka zayo zidatinda kugaragara.

Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire
Hafashwe amacupa 689 y’amavuta atukuza uruhu

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange; Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese ukora, ugurisha, utanga ibintu bibujijwe nk’umuti; ibintu bihumanya; ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri n’ibindi bikomoka ku bimera; aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko ayo mavuta ashobora kugira ingaruka zikomeye ku mpyiko n’umwijima.

Nkusi Ramesh

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *