Umunyamakuru w’ikirangirire wo muri Denmark wafatiwe i Kampala azira ubushakashatsi ku misozi ya Rwenzori
Umunyamakuru n’umufotozi w’ibidukikije wahawe ibihembo byinshi, Klaus Thymann, yatawe muri yombi i Kampala mu gihugu cya Uganda, mu kibazo bivugwa ko gifitanye isano n’ubushakashatsi yakoraga ku gushonga kw’ibarafu ryo ku misozi ya Rwenzori Mountains.
Amakuru yatangajwe na Daily Monitor avuga ko Thymann, uzwi cyane ku rwego mpuzamahanga kubera inkuru n’amafoto akora ku bidukikije, yafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda mu gihe yakoraga ibikorwa bifitanye isano no gukurikirana impinduka z’ikirere n’ingaruka zabwo ku misozi ya Rwenzori.
Polisi ya Kampala yemeje ko uyu munyamakuru afunzwe, ariko ntiyahise itangaza ibyaha aregwa cyangwa igihe azagezwa imbere y’urukiko.
Thymann yari amaze imyaka akora ubushakashatsi ku gushonga kw’ibarafu rya Rwenzori, aho no mu rugendo yakoze mu 2012 yafotoye impinduka zikomeye zigaragara kuri iyo misozi afatanyije n’abashinzwe kuyirinda. Ibi bikorwa byamugize umwe mu banyamakuru b’ibidukikije bazwi cyane ku rwego mpuzamahanga.
Ifatwa rye rije mu gihe Uganda ikomeje kuvugwamo impungenge ku bwisanzure bw’itangazamakuru n’uburenganzira bw’abanyamakuru, nyuma y’ibindi bikorwa byafashwe n’inzego z’umutekano byibasiye ibitangazamakuru n’abanyamakuru mu minsi ishize.
