Mu murenge wa Muhima habaye gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kwishyura umusanzu wa Mituweli.

Mu murenge wa Muhima habaye gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kwishyura umusanzu wa Mituweli.

Mu murenge wa Muhima habaye gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kwishyura umusanzu wa Mituweli.Iki gikorwa cyaranzwe no gushimira abafatanyabikorwa bagize uruhari mu kwishyurira imiryango itishoboye kugira ngo babashe kubona serivisi z’ubuvuzi.Abafatanyabikorwa b’Umurenge kandi bongeye guhiga kugira uruhare muri Mituweli 2024-2025 aho ku ikubitiro hakusanyijwe Umusanzu ungana na Miliyoni enye n’ijana na mirongo itandatu na bine (4,164,000 Frw).

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhima Mukandori Grace atangiza ubukangurambaga
Abayobozi batandukanye basinyanye amasezerano yo guhiga neza
Abayobozi batandukanye basobanuriwe ibizibandwaho muri ubu bukangurambaga

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari basinyanye amasezerano n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge ko kuwa 30 Nzeri 2024 Mituweli izaba yareshejwe 100%.kandi banashimira abaturage ko aribyo babigiramo uruhare kandi babyishimiye.

Gutangiza Ubukangurambaga bw’ISUKU HOSE

Abitabiriye Ubukangurambaga basobanuriwe ibigiye gukorwa mu bukangurambaga bw’ISUKU HOSE aho buzibanda ku micungire y’imyanda y’ibishingwe n’iy’amazi yanduye.Kubarura ingo zitishyura ibishingwe(Zidakorana na Company) no kuzikangurira gukorana nayo,Kumenya neza imicungire y’imyanda y’ibishingwe,kumenya Ingengabihe y’imitwarire y’imyanda,no gukora imirimo ihuriweho y’ibikorwa by’isuku (Igitondo cy’Isuku, Imiganda idasanzwe)

Habayeho kandi gusinyana amasezerano ya Tujyanemo kw’inzego zose muri ubu bukangurambaga bw’Isuku hose.

Abayobozi b’amasibo basinyanye n’Abayobozi b’imidugudu,ndetse n’abayobozi b’Imidugudu basinyana n’abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari,n’abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari basinyana n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge.

Urwego rw’unganira izumutekano,DASSO rwari ruhagarariwe n’umuhazabikorwa nawe wasinyanye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge,kimwe n’umuyobozi wa Inzira Nziza Services Company ifite inshingano zo gutwara imyanda y’ibishingwe.

Umuyobozi wa New Life NT & MV Ltd ifite inshingano mu isuku y’imihanda minini ya Kaburimbo n’iy’amabuye yasinyanye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge.Abitabiriye bibukijwe ko ubu bukangurambaga bugomba gushingira ku Isibo n’Umudugudu.

Salle yari yakubise yuzuye biteguye kujyanamo n’umurenge muri iyi mihigo

Icyumweru cyahariwe serivizi z’irangamimerere guhera tariki 27/8/2024 kugeza 3/9/2024.

Abitabiriye basobanuriwe serivisi ziri gutangwa muri iki cyumweru cyahariwe Serivisi z’irangamimerere banakangurirwa kwegera Umukozi Ushinzwe irangamimerere kugirango abafashe kuzibona byihuse.

Gushimira Abanyeshuri bitwaye neza mu Ishuri k’ubufatanye n’umufatanyabikorwa ALIRIS

Umurenge wa Muhima umaze imyaka 2 ufite Umuhazabikorwa wa ALIRIS aho yagiye afasha abana baturuka mu miryango itishoboye;

Elvis Tuyishime umuyobozi wa Aliris Foundation umushinga wiyemeje gufasha abana bamikoro cyane kwiga

Uyu munsi hashimiwe abanyeshuri 20 batsinze neza amasomo yabo aho uwa mbere yahawe ishimwe ry’amafaranga 50,000 Frw na Certificate.

Tuyishime usibye gufasha abana kwiga yishyurira Mituelle bamwe mu baturage ba Muhima
Abana bafashwa na Aliris Foundation bakira ibikoresho by’ishuri

Abanyeshuri bose uko ari 20 bahawe ibikoresho by’ishuri, Ibikoresho by’isuku banahabwa tickets zizabasubiza ku mashuri yabo byose bifite agaciro ka 1,000,000 Rwf kandi Umuhazabikorwa azakomeza kubishyurira amafaranga y’ishuri kugeza basoje S. 6.

Abana bamaze guhabwa ibikoresho byabo bazajyana kw’ishuri
Ubuyobozi bw’umurenge wa Muhima bashigikira uburezi kuri bose

Ni igikorwa cyasojwe no gusangira kw’Abayobozi, Umufatanyabikorwa, Abanyeshuri n’ababyeyi babo.

Nkusi Ramesh

One thought on “Mu murenge wa Muhima habaye gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kwishyura umusanzu wa Mituweli.

  1. MUHIMA SECTOR,uko musanzwe muri kw’isonga mu mihigo ninako muzakomeza kuba kw’isonga mu mwaka wa 2024/2025

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *