Iperereza ryahinduye isura muri Uganda: Chris Obore n’abandi bakozi 7 b’Inteko batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Iperereza ryahinduye isura muri Uganda: Chris Obore n’abandi bakozi 7 b’Inteko batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Muri Uganda, urugamba rwo guhangana na ruswa rukomeje gufata indi ntera nyuma y’aho Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru wa Leta (IGG) rufatiye abakozi umunani b’Inteko Ishinga Amategeko, barimo Chris Obore, Umuyobozi ushinzwe Itumanaho n’Itangazamakuru muri icyo kigo.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru New Vision, aba bakozi bafashwe nyuma yo kwitaba IGG kugira ngo babazwe ku birego bibakekwaho bifitanye isano n’ikoreshwa nabi ry’umutungo n’ibindi bikorwa bya ruswa biri gukorwaho iperereza.

Biteganyijwe ko abo bakekwa bazagezwa imbere y’Urukiko Ruburanisha Ibyaha bya Ruswa, mu gihe iperereza rikomeje kwagurwa kugira ngo hamenyekane niba hari n’abandi bagize uruhare muri ibyo bikorwa.

Abafashwe barimo abayobozi bakomeye bo mu nzego zitandukanye z’Inteko Ishinga Amategeko, zirimo izishinzwe abakozi, protocole, ubushakashatsi, kongerera ubushobozi abakozi n’ibiro by’Umukuru w’Inteko. Harimo kandi n’Umuyobozi Mukuru wa Koperative y’abakozi b’Inteko (Parliamentary SACCO). Andi makuru avuga ko hari undi ukekwaho uruhare muri dosiye wari urwariye mu bitaro igihe bagenzi be bafatwaga.

Ibi bibaye mu gihe inzego z’iperereza muri Uganda zikomeje gukaza ibikorwa byo gukurikirana dosiye zikomeye za ruswa, zirimo n’iregwamo uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Among, ukorwaho iperereza ku byaha birimo ruswa, gukoresha nabi ububasha n’iyezandonke.

Iyi dosiye iri gukurikiranwa n’abatari bake kuko ishobora kugira ingaruka zikomeye ku buyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda no ku rugamba igihugu kivuga ko kirimo rwo kurwanya ruswa.

Inkuru yateguwe na Ramesh Nkusi

Ku bashaka kuduha amakuru, kumenyekanisha ibikorwa byabo cyangwa kutugezaho ibitekerezo, batwandikire kuri WhatsApp ya nimero 0785026490.

Nkusi Ramesh

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *