Amakuru ikinyamakuru Rubanda cyamenye ni uko Safari George yarekuwe akaba yatashye iwe muri Karangazi nyuma yogusoza igifungo k’imyaka ibiri yari yarakatiwe n’urukiko rwa Nyagatare.

Safari George yarekuwe ubu ari iwe Karangazi
Muri 2021 nibwo Safari George
wagaragaye aniga DASSO yatawe muri yombi agezwa mu rukiko rw’ibanze rwa Nyagatare tariki ya 7 Nzeri 2021.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Safari George akurikiranyweho gukubita no kubangamira inzego za Leta ziri mu kazi.
