Ku gicumbi cy’Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali perezida Paul Kagame na madame we Jeannette Kagame Bunamiye Intwari z’U Rwanda.

Ku gicumbi cy’Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali perezida Paul Kagame na madame we Jeannette Kagame Bunamiye Intwari z’U Rwanda.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Intwari z’u Rwanda, banashyira indabo ku kimenyetso cy’ubutwari kiri ku Gicumbi cy’Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali.Ni igikorwa cyabaye mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’lgihugu ku nshuro ya 32, kuri iki Cyumweru, tariki ya 1 Gashantare 2026.Uyu munsi wizihizwa tariki ya 1 Gashyantare buri mwaka, kuri iyi nshuro wahawe insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, inkingi z’iterambere”.Ibikorwa bijyana no kwizihiza uyu munsi, byatangiranye n’Ukwezi kwahariwe ubutwari kuva tariki ya 4 kugeza ku ya 31 Mutarama 2026.

Uku kwezi kwaranzwe n’ibikorwa by’ubukangurambaga byibutsa Abanyarwanda kwitegura no kugira uruhare mu kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi w’Intwari z’lgihugu; ndetse no kurangwa n’indangagaciro z’ubutwari mu mibereho yabo ya buri munsi.

Kwizihiza uyu munsi kandi, bikorwa mu ngeri zose haba mu biganiro, gutegura amarushanwa mu mikino itandukanye, ibitaramo n’ibindi.

Umunsi w’Intwari watangiye kwizihizwa tariki ya 1 Gashyantare buri mwaka mu 1999, nyuma y’uko utandukanyijwe n’uwo gukunda Igihugu wabaga ku wa 1 Ukwakira buri mwaka.

Intwari u Rwanda rwizihiza ziri mu byiciro bitatu birimo Imanzi, Imena n’Ingenzi.

 

Posted by: ISHIMWE Claude Chaba

Nkusi Ramesh

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *