Bumbogo, Gasabo – Abaturage batuye mu Mudugudu wa Birembo, Zone ya Runyinya, Akagari ka Ngara mu Murenge wa Bumbogo, baravuga ko bamaze imyaka babayeho mu bwoba baterwa na ruhurura iri ahazwi nka Rwanyirankusi, bavuga ko ikomeje kwaguka ku muvuduko uteye inkeke, igahitana ubuzima bw’abantu, igasenya amazu ndetse ikangiza ibikorwa byabo.
Iyi ruhurura abaturage bavuga ko yatangiye ari akayira gato k’amazi, ariko uko imyaka yagiye ishira ikagenda yaguka kugeza ubwo yahindutse icyobo kinini giteye ubwoba. Bemeza ko ikibazo cyarushijeho gukomera nyuma y’ikorwa ry’umuhanda uva ku Murenge wa Bumbogo ugana mu Birembo, aho amazi y’imvura ngo yayobowe mu buryo bwatumye yisukiranya muri kariya gace, akihutisha isuri no kwangirika kw’ubutaka.
Ruhurura imaze gutwara ubuzima bw’abantu 2
Nk’uko abaturage babitangaza, ingaruka z’iyi ruhurura ntizigarukira ku bwoba gusa. Bavuga ko imaze guhitana ubuzima bw’abantu babiri, mu gihe abandi bayiguyemo bagakomereka bikomeye bakajyanwa mu bitaro.
Ariko kandi, hari n’indi mibabaro abaturage bavuga ko itavugwa cyane: amazu y’abaturage amaze gusenyuka, amwe akaba yaraguye avaho burundu kubera ubutaka bwakomeje gutwarwa n’amazi. Imiryango imwe n’imwe yabuze aho iba nyuma yo gusenyerwa n’iyi ruhurura, mu gihe indi ikomeje kuba mu mazu afite ibice byatangiye gutenguka no kugenda byegera inkombe zayo.
“Iyo imvura iguye nijoro ntitugisinzira. Turyama dutekereza niba turi bubone bucya amazu yacu agihagaze. Hari abo twabonye basenyerwa, hari n’ababuze ubuzima. Natwe ntituzi igihe bizadugeraho,” umwe mu baturage yabwiye umunyamakuru.