Ifatwa rya Erias Lukwago rikomeje guteza impaka ku iyubahirizwa ry’amategeko muri Uganda
Ifatwa ry’umunyamategeko akaba n’uwahoze ari Umuyobozi w’Umujyi wa Kampala, Erias Lukwago, n’abagabo bitwaje intwaro bari bambaye imyambaro ya gisirikare, rikomeje guteza impaka zikomeye muri Uganda, aho benshi bavuga ko iki gikorwa ari igihombo gikomeye ku iyubahirizwa ry’amategeko n’uburenganzira bwa muntu.
Lukwago, usanzwe ari umwe mu banyamategeko bunganira umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Kizza Besigye, yatawe muri yombi ku wa Mbere avanywe iwe mu rugo rwe ruherereye i Wakaliga muri Kampala. Ishyaka rye, People’s Front for Freedom (PFF), ryatangaje ko yafashwe n’inzego z’umutekano zimujyana ahantu hatazwi.

Amakuru aturuka ku batangabuhamya avuga ko abagabo bambaye imyenda ya gisirikare n’iy’abasivili bagose urugo rwa Lukwago mbere yo kurusimbuka bakamufata. Ibi byabaye mu gihe yari ari mu bikorwa byo gushaka kugeza impapuro z’urukiko kuri Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni.
Abasesenguzi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko ifatwa rya Lukwago ryibutsa Abanya-Uganda ibihe by’igitugu igihugu cyanyuzemo mbere y’uko ubutegetsi bwa NRM buyobowe na Museveni bufata ubutegetsi mu 1986, bwari bwarasezeranyije abaturage kubaka igihugu kigendera ku mategeko aho kugendera ku gitugu.
Umuryango w’Abanyamategeko muri Uganda (Uganda Law Society) wamaganye bikomeye iri fatwa, uvuga ko ari igitero ku bwigenge bw’ubucamanza no ku mwuga w’ubwavoka. Uwo muryango wasabye ko Lukwago arekurwa byihuse kandi nta mananiza, unihanangiriza ko ushobora gutangiza ibirego mu nkiko ku bazaba bagize uruhare muri icyo gikorwa.
Mu gihe ubuyobozi bwa Uganda butaratangaza impamvu zifatika z’ifatwa rye cyangwa aho afungiye, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko iki gikorwa gikomeje gutera impungenge ku hazaza h’ubwisanzure bwa politiki n’iyubahirizwa ry’amategeko muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Abakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuga ko uko iki kibazo kizakemurwa bishobora kuba ikigeragezo gikomeye ku rwego rw’ubutegetsi bwa Kampala mu kubahiriza amategeko n’uburenganzira bw’abaturage, cyane cyane mu gihe igihugu cyegereje ibikorwa bya politiki bikomeye mu myaka iri imbere.
